![]() | ||||||||||||||||||||||||||
| ||||||||||||||||||||||||||
Welcome remarks ![]() Umuco w’ubukorerabushake uri mu bishobora guteza imbere igihugu! Abenshi mu bakorerabushake ba Komisiyo y’Igihugu y’Amatora bagiyeho kuva Komisiyo yatangira kugeza uyu munsi. Ikigaragara ni uko aba bagabo n’abagore bakomeje kugaragaza urukundo bakunda igihugu batanga umusanzu wabo mu kugifasha kubona abayobozi bakibereye biciye mu matora anyuze mu mucyo, mu bwisanzure no mu kuri. N’ubwo badahembwa ntibibabuza kwitangira akazi kabo nk’uko bakiyemeje. Ibi babigaragaje bategura neza amatora yose yabayeho muri iki gihugu kuva ku ya Perezida wa Repubulika kugera ku y’Abadepite, ay’Inzego z’Ibanze tutibagiwe n’amatora y’Abasenateri tuvuyemo. Ibi byose babikoranye ubwenge, ubwitange, ubunyangamugayo n’ubunyamwuga bisanzwe biranga Komisiyo y’Igihugu y’Amatora kuva yajyaho kugeza uyu munsi. Bwana Munyaneza Charles Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora |
| |||||||||||||||||||||||||
© 2013 Government of the Republic of Rwanda - National Electoral Commission | ||||||||||||||||||||||||||