![]() |
|||||
| Français || English | |||||
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora igizwe n’inzego zikurikira: 1. Inama y’Abakomiseri; 2. Biro ya Komisiyo; 3. Ubunyamabanga Nshingwabikorwa; 3.1. Inama y’Abakomiseri Inama y’Abakomiseri igizwe n’abantu barindwi (7) batangwa na Guverinoma bagashyikirizwa Umutwe wa Sena mu Nteko Ishinga Amategeko kugira ngo ibemeze. Muri bo harimo Perezida na Visi Perezida. Abakomiseri bagira manda y’imyaka itatu (3) ishobora kongerwa inshuro imwe (1) gusa. Mu gihe cy’amatora rusange, ukwezi kumwe mbere y’amatora, abakomiseri bahagarika akandi kazi bakoraga kugira ngo bakurikirane ibikorwa by’amatora kugeza igihe atangarijwe burundu. Nyuma y’aho, basubira mu mirimo yabo basanzwemo nta zindi nzitizi. 3.2. Biro ya Komisiyo Biro ya Komisiyo igizwe n’aba bakurikira: 1. Perezida; 2. Visi – Perezida; 3. Umunyamabanga Nshingwabikorwa 3.3.Ubunyamabanga Nshingwabikorwa Kugira ngo Komisiyo y’Igihugu y’Amatora ishobore kurangiza inshingano zayo, igira Ubunyamabanga Nshingwabikorwa bugizwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa n’abayobozi b’Amashami. Ubunyamabanga Nshingwabikorwa bugira kandi abakozi b’ingoboka bashyirwaho hakurikijwe imbonerahamwe y’imirimo ishyirwaho n’Iteka rya Minisitiri w’Intebe. 3.4. Amashami ya Komisiyo y’Igihugu y’Amatora Mu gihe cy’imirimo y’amatora, Komisiyo y’Igihugu y’Amatora ishyiraho amashami yayo ku rwego rw’Intara n’Umujyi wa |
|
||||
| Komisiyo y'Igihugu y'Amatora (2008) | |||||